Ubudahangarwa bw’u Rwanda mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bwaragabanyutse

Ubudahangarwa bw’u Rwanda mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bwaragabanyutse

Jun 4, 2026 - 11:21
 0

Ikigo cy’Igihugu cyo Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ubudahangarwa u Rwanda rwari rufite mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe bwagabanutse mu myaka irindwi ishize, ariko kigaragaza n’ibikwiye gukorwa mu rwego rwo kwirinda kugerwaho n’ingaruka nyinshi.


Ibyo bikubiye muri raporo yitwa ‘Climate Change Vulnerability Index Assessment’ yashyizwe ahagaragara ku itariki 3 Kamena 2026 ariko yakozwe mu mpera za 2025.

Ni raporo igaragaza uko Igihugu gihagaze mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ibikwiye gukorwa. Iyasohotse ikubiyemo amakuru yo kuva mu 2018 ubwo indi raporo nk’iyo yashyirwaga hanze.

Ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe bubarwa mu bipimo biri hagati ya zeru na rimwe aho iyo uri kuri zeru uba ufite ubudahangarwa bwinshi ariko wazamuka ugana kuri rimwe bukaba buri kugabanyuka.

Muri rusange, iyo raporo igaragaza ko u Rwanda rufite ubudahangarwa mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bungana na 0.5 buvuye kuri 0.3 bwariho mu 2018, bivuze ko bwagabanyutseho ibice bibiri.

Umujyi wa Kigali ni wo uza ku isonga mu kugira ubudahangarwa buri hejuru mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe kuko uri kuri 0.48 ugakurikirwa n’Intara y’Amajyaruguru ifite 0.51 naho Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa gatatu na 0.52.

Ni mu gihe Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa kane na 0.53 igakurikirwa n’Intara y’Iburasirazuba ifite ubudahangarwa buke cyane ugereranyije n’izindi kuko iri kuri 0.54.

Mu turere turi imbere kurusha utundi mu kugira ubudahangarwa buke mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe duhereye ku dufite buke cyane kurusha utundi ni Nyagatare, Nyamagabe, Gatsibo, Ngoma na Karongi.

Utwo turere twose duhuriye ku kuba dufite ibipimo kuva kuri 0.55 kandi ni byo biri hejuru ugereranyije n’utundi ndetse biri no ku mpuzandengo iri hejuru y’iyo ku rwego rw’Igihugu kuko yo ari 0.52.

Ni mu gihe Umujyi wa Kigali n’ubundi usanzwe uri imbere y’izindi ntara mu kugira ubudahangarwa, uturere twawo ari two tuza imbere uhereye kuri Gasabo kuko dufite ibipimo bitarenze 0.48.

Uturere twibasiwe cyane hasobanurwa ko impamvu nyamukuru ishingiye ku bushobozi buke bwatwo bwo guhangana n’ibiza duhura na byo aho nko mu Burasirazuba bakunze guhura n’amapfa imyaka ikarumba.

Iyo raporo ariko igaragaza ko kuba ubudahangarwa bw’Igihugu bwaragabanyutse bidasobanuye ko intambwe Igihugu gitera mu kurengera ibidukikije zidahari kuko hari byinshi byakozwe mu myaka irindwi kandi byanagiye bitanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa REMA, Munyazikwiye Faustin yasobanuye ko ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe haba ubwo ziza ziremereye bikarusha ingufu zimwe mu ngamba bigatuma ubudahangarwa bwo guhangana na byo bujya hasi.

Ati “Harimo ibyongera ibyago Igihugu kiba kidashobora guhagarika kuko nko mu 2023 murabizi ko mu Burengerazuba habaye ibiza byinshi hapfa abantu benshi hangirika n’ibintu byinshi. Ibyo byose biri mu byo twateranyije bigaragaza ko ubudahangarwa bwacu bwagabanutse ariko ntibivuze ko Igihugu cyahagaritse ingufu gushyira mu kurengera ibidukikije ahubwo haje ibindi biturusha ingufu.”

REMA igaragaza ko u Rwanda nk’Igihugu cyashyize ingufu kubaka iterambere ridasiga inyuma ibidukikije kugira ngo ribe rirambye, ari ingenzi kugaragaza ishusho nyakuri y’uko ibipimo by’ingenzi ku bidukikije bihagaze kugira ngo hamenyekane icyakorwa.

Bimwe mu byakozwe muri iyi myaka irindwi mu kurengera ibidukikije harimo imishinga nka Green Gicumbi na Green Amayaga yakoze ibirimo yo gutera ibiti n’ibindi binyuranye byo kongera ubudahangarwa ku biza.

Imihindagurikire y’ibihe izahaza ubukungu bw’u Rwanda kuko raporo ya Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, igaragaza ko ingaruka z’ibiza ziri mu bitwara amafaranga menshi u Rwanda, aho buri mwaka rukoresha miliyoni 300$.

Ubudahangarwa bw’u Rwanda mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bwaragabanyutse

Jun 4, 2026 - 11:21
Jun 4, 2026 - 11:22
 0
Ubudahangarwa bw’u Rwanda mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bwaragabanyutse

Ikigo cy’Igihugu cyo Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ubudahangarwa u Rwanda rwari rufite mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe bwagabanutse mu myaka irindwi ishize, ariko kigaragaza n’ibikwiye gukorwa mu rwego rwo kwirinda kugerwaho n’ingaruka nyinshi.


Ibyo bikubiye muri raporo yitwa ‘Climate Change Vulnerability Index Assessment’ yashyizwe ahagaragara ku itariki 3 Kamena 2026 ariko yakozwe mu mpera za 2025.

Ni raporo igaragaza uko Igihugu gihagaze mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ibikwiye gukorwa. Iyasohotse ikubiyemo amakuru yo kuva mu 2018 ubwo indi raporo nk’iyo yashyirwaga hanze.

Ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe bubarwa mu bipimo biri hagati ya zeru na rimwe aho iyo uri kuri zeru uba ufite ubudahangarwa bwinshi ariko wazamuka ugana kuri rimwe bukaba buri kugabanyuka.

Muri rusange, iyo raporo igaragaza ko u Rwanda rufite ubudahangarwa mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bungana na 0.5 buvuye kuri 0.3 bwariho mu 2018, bivuze ko bwagabanyutseho ibice bibiri.

Umujyi wa Kigali ni wo uza ku isonga mu kugira ubudahangarwa buri hejuru mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe kuko uri kuri 0.48 ugakurikirwa n’Intara y’Amajyaruguru ifite 0.51 naho Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa gatatu na 0.52.

Ni mu gihe Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa kane na 0.53 igakurikirwa n’Intara y’Iburasirazuba ifite ubudahangarwa buke cyane ugereranyije n’izindi kuko iri kuri 0.54.

Mu turere turi imbere kurusha utundi mu kugira ubudahangarwa buke mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe duhereye ku dufite buke cyane kurusha utundi ni Nyagatare, Nyamagabe, Gatsibo, Ngoma na Karongi.

Utwo turere twose duhuriye ku kuba dufite ibipimo kuva kuri 0.55 kandi ni byo biri hejuru ugereranyije n’utundi ndetse biri no ku mpuzandengo iri hejuru y’iyo ku rwego rw’Igihugu kuko yo ari 0.52.

Ni mu gihe Umujyi wa Kigali n’ubundi usanzwe uri imbere y’izindi ntara mu kugira ubudahangarwa, uturere twawo ari two tuza imbere uhereye kuri Gasabo kuko dufite ibipimo bitarenze 0.48.

Uturere twibasiwe cyane hasobanurwa ko impamvu nyamukuru ishingiye ku bushobozi buke bwatwo bwo guhangana n’ibiza duhura na byo aho nko mu Burasirazuba bakunze guhura n’amapfa imyaka ikarumba.

Iyo raporo ariko igaragaza ko kuba ubudahangarwa bw’Igihugu bwaragabanyutse bidasobanuye ko intambwe Igihugu gitera mu kurengera ibidukikije zidahari kuko hari byinshi byakozwe mu myaka irindwi kandi byanagiye bitanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa REMA, Munyazikwiye Faustin yasobanuye ko ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe haba ubwo ziza ziremereye bikarusha ingufu zimwe mu ngamba bigatuma ubudahangarwa bwo guhangana na byo bujya hasi.

Ati “Harimo ibyongera ibyago Igihugu kiba kidashobora guhagarika kuko nko mu 2023 murabizi ko mu Burengerazuba habaye ibiza byinshi hapfa abantu benshi hangirika n’ibintu byinshi. Ibyo byose biri mu byo twateranyije bigaragaza ko ubudahangarwa bwacu bwagabanutse ariko ntibivuze ko Igihugu cyahagaritse ingufu gushyira mu kurengera ibidukikije ahubwo haje ibindi biturusha ingufu.”

REMA igaragaza ko u Rwanda nk’Igihugu cyashyize ingufu kubaka iterambere ridasiga inyuma ibidukikije kugira ngo ribe rirambye, ari ingenzi kugaragaza ishusho nyakuri y’uko ibipimo by’ingenzi ku bidukikije bihagaze kugira ngo hamenyekane icyakorwa.

Bimwe mu byakozwe muri iyi myaka irindwi mu kurengera ibidukikije harimo imishinga nka Green Gicumbi na Green Amayaga yakoze ibirimo yo gutera ibiti n’ibindi binyuranye byo kongera ubudahangarwa ku biza.

Imihindagurikire y’ibihe izahaza ubukungu bw’u Rwanda kuko raporo ya Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, igaragaza ko ingaruka z’ibiza ziri mu bitwara amafaranga menshi u Rwanda, aho buri mwaka rukoresha miliyoni 300$.